Now you can Subscribe using RSS

Submit your Email
Showing posts with label TWAGIRAMUNGU FAUSTIN. Show all posts
Showing posts with label TWAGIRAMUNGU FAUSTIN. Show all posts

Wednesday, 4 January 2017

Rwanda: Umwaka mushya muhire w’2017

Unknown
Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza ririfuriza Abanyarwanda umwaka mushya muhire w’2017.


Banyarwanda, Banyarwandakazi,

Byabaye umuco ku isi yose ko kuwa 31 Ukuboza, ari itariki yo gusezera k'umwaka urangiye no kwakira umwaka mushya. Umunsi mukuru wo gutangira umwaka mushya twita «Ubunani», Abanyarwanda twese turawubahiriza, tugasaba Imana ngo tuzawugiremo ishya n’ihirwe, n'ubuzima buzira umuze. Uko tubisaba Uwiteka ni nako tubyifuriza abavandimwe n’inshuti, ndetse tutibagiwe n’abandi, cyane cyane abatishoboye n’abari mu ngorane zinyuranye.

Bityo rero mw’izina ry’Ishyaka RDI nkaba nifurije umwaka mwiza Abanyarwanda bose, ari abari mu gihugu cyangwa abari mu ngendo ku mpamvu zinyuranye, ari n'abahejejwe ishyanga n’Ubutegetsi bw’igitugu bwa FPR-Kagame : uyu mwaka, uzababere umwaka w'amahoro n'ituze, umwaka wo gukundana nk'Abanyarwanda, umwaka wo kugera ku nshingano zose zabateza imbere. Uzababere kandi umwaka wo kumvikana mu ngo zanyu, mu miryango mukomokamo, no ku misozi, imirenge, insisiro, n'imigi mutuyemo. Bityo, muri uyu mwaka w’2017, muziyemeze gushimangira « umubano mu bantu », mugera ikirenge mu cy’abasokuruza bacu.

Mu rwego rw’igihugu, umwaka w’2016 usize ibikorwa by'ingirakamaro byagombye kongerera u Rwanda ishema mu ruhando rw’amahanga, nubwo bwose isura yarwo ikomeje kwanduzwa n’ubutegetsi bubi bwa FPR-Kagame. Muri ibyo bikorwa mboneragihugu, twavuga ibi bikurikira:

1.       Inyubako yiswe «Kigali Convention Center» (KCC), n’ubwo idahiga ubwiza « Kenyatta Conference Center » y’i Nayirobi ; ariko ku gihugu gikennye nk'icyacu, ni igitego mu bihugu bitatu byahoze biyoborwa n'abakoloni b'Ababiligi (Burundi, RD Congo, Rwanda).

2.       Indege ebyiri za AIRBUS 330-320 na 330-300 zizaba indorerwamo y'u Rwanda mu bihugu zizajya zitwarira abagenzi.

3.       Hafashwe icyemezo cyo kuzubaka « ikibuga mpuzamahanga cy’indege » (AEROPORT INTERNATIONAL) mu Bugesera, hakaba hari hashize imyaka 50 irenga iki kibuga gishakwa n’Abanyarwanda ndetse n'Abanyamahanga, bamwe bakaba barifuzaga ko cyubakwa igitaraganya, ku mpamvu zitarasobanuka.

Bigomba kumvikana ko ibyo bikorwa atari iby’abantu ku giti cyabo, ko ari iby'igihugu, dore ko n’amadeni yasabwe na Leta azabyubaka azishyurwa ku ngengo y’imali y’igihugu, iturutse ahanini ku misoro n’imisanzu y’abenegihugu. Ibyo bikorwa kandi biramutse bigurishijwe, amafaranga byinjije agomba kujya mu isanduku y'igihugu. Ibikorwa nk'ibi ni ibyo gushyigikirwa kukobitandukanye n'ibyiswe imiturirwa isigaye isa n'umurato mu mujyi wa Kigali. Ibikorwa by'amajyambere mu Rwanda byaba imihanda, ibitaro bya Leta, n'izindi nyubako z’ingirakamaro bigomba gushyigikirwa, mu gihe bifitiye akamaro Abataturarwanda muri rusange.

Tugomba kumenya kandi gutandukanya amajyambere ashingiye ku nyungu za rubanda n’amajyambere ashingiye ku nyungu z’agatsiko kaba gahisha ubukire gafite kabonye ku buryo budasobanutse (blanchiment d’argent) bushingiye k’ubwambuzi, ubusahuzi bw'umutungo w'igihugu, cyangwa iminyago yo mu ntambara. Bene ayo majyambere adasangiwe na benshi ashimisha beneyo gusa n'abo bafatanije, bagahatira urubyiruko gucengenzwamo amateka y'amatobano, yuzuye ikinyoma, ubwirasi no kwishongora kw'abantu bake bigize indobanure mu Banyarwanda, bagamije kwikungahaza nta soni.

Ni ngombwa kandi gutsindagira ko bene ayo majyambere y'umuvuduko udasanzwe, agaragara ko yikubiwe na bamwe mu banyarwanda, ahishe byinshi bifitanye inkomoko no gushaka kwibagiza no gutwikira amahano bafitemo uruhare rukomeye nko mu mubijyanye n'ubwicanyi bwakorewe Abanyarwanda muri rusange, ariko cyane abitwaga abahutu (ubu bitwa ukundi). Ibyo ari byo byose nta majyambere azahanagura cyangwa ngo yibagize amateka y'ibyabaye mu Rwanda hose, aho imirambo yatawe mu migezi, indi igatwikirwa mu mashyamba. By'umwihariko,amahano yakorewe i Kibeho muri Mata 1995 no mu mashyamba ya Kongo kuva mu kwezi k’Ugushyingo 1996 kugeza mu kwezi kwa Gicurasi 1997, bigahitana abantu bageze kuri miliyoni ebyiri, bigomba kwibukwa buri mwaka kugeza ku munsi w'imperuka.

Umwaka w’2017 dutangiye, nta cyiza tuwutezeho mu rwego rwa politike, ku ruhande rwa FPR-Kagame. Kimwe n'iyawubanjirije, nawo uzaba uwo kurata « iterambere ryazanywe na Kagame », no kwerekana ko abagore ari bo basigaye barabaye benshi mu nzego z'ubuyobozi bw'igihugu cy’u Rwanda, kurusha ibindi bihugu byo ku isi. Uko bigaragara, politiki y'ubuhendabana izakomeza. Abanyarwanda nabo bazakomeza bayoborwe butama, bamenyere kuba ingaruzwamuheto zarwaye ipfunwe. Abanyarwanda bamwe ba mpemukendamuke bazakomeza kurega ababyeyi babo ibyaha batakoze. Abandi bakomeze bisakume bavuga ko ba nyirarume cyangwa ba se bateguye jenoside yakorewe abatutsi. Naho ab’inkwakuzi bigire abahanga n'abasizi mu bitutsi byo kugayisha no gusebya abatavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Perezida Kagame, abo basingiza Kagame bakomeze kumufata nk’aho ariwe ugena ubuzima bw’Abanyarwanda n’imiyoborere yabo.

Hazaba kandi igikorwa kaminuza twakwita agahebuzo k’ikinyoma cyahimbwe n’abacurabwenge b’ingoma, kigambiriye kugaragaza ko Abanyarwanda bakunda Perezida Kagame. Hazakomeza kumvikana ubutumwa bw’urukozasoni bw’uko Abanyarwanda bifuza ko Kagame yakomeza kubayobora, ndetse bikaba amahire agumye ku butegetsi kugeza avuyemo umwuka, akazasimburwa n'uwo yaba asigiye umurage. Perezida Kagame n'ingabo ze bazakora ikinamico mu Rwanda hose ku manywa y’ihangu, habe igisa n'amatora, nibigera ku Gicamunsi, batangaze ko Abanyarwanda barenga 90 % batoye Perezida Kagame ngo akomeze ababere umuyobozi,amahanga yongere yirengagize ko ayo majwi yaturutse ku gahato n’uburiganya bisanzwe biranga amatora afifitse ya FPR-Inkotanyi.

Ku ruhande rw’ishyaka RDI Rwanda Rwiza, muri uyu mwaka dutangiye, tuzihatira kubeshyuza ibinyoma bya FPR-Kagame, twereke Abanyarwanda n’amahanga ko u Rwanda atari Singapure cyangwa Amerika (USA), aho inkotanyi zikize zohereza abana bazo mu mashuli no kubayo. Tuzerekana kandi ko u Rwanda ari igihugu gikennye, bitewe n’uko hafi 80% y’abarutuye batagira umushahara, dore ko nta kazi kabahemba buri kwezi bafite. Abanyarwanda benshi nta masambu bakigira kuko n’uturima bacungiragaho leta ya Kagame yatubambuye, bamwe bakaba barishwe n’inzara, ababishoboye bagahungira mu gihugu cya Uganda. Abaturage benshi mu Rwanda ntabwo bakirya ngo bahage, abenshi bicwa n'inzara ndetse n’indwara zikomoka ku mirire mibi. Kuba mu gihugu umuturage atakigira uburenganzira ku isambu ye, byateye inzara yayogoje u Rwanda rwose, bitewe ahanini n’uko ibihingwa ngandurarugo bitagihabwa agaciro byari bifite mbere,hakaba n’ubwo biranduwe, ngo iyo byahinzwe bidakurikije gahunda za Leta !

Muri uyu mwaka w’2017, ishyaka RDI Rwanda Rwiza rizakomeza guharanira ko ibintu bihinduka mu Rwanda, hagamijwe ukwishyira ukizana kwa buri wese, ubutegetsi bushingiye kuri demokrasi, n’imibereho myiza y’abaturage ishingiye ku majyambere asangiwe n’imbaga nyamwinshi. Mu byihutirwa kurusha ibindi, twavuga ibi bikurikira :

1.       Kurwanya inzara yiswe "Nzaramba" yogogoje igihugu, igatuma Abanyarwanda batari bake basuhuka kubera amajyambera ya nyirarureshwa atabitayeho, ahubwo atuma bamburwa amasambu yabo, abasigaye mu gihugu nabo bakabuzwa uburyo, bakabura epfo na ruguru.
2.       Kwimakaza demokarasi mu Rwanda. Kurwanya ubutegetsi bw’igitugu ubwo ari bwo bwose, byabaye akarande mu mateka y’u Rwanda. Abanyarwanda b’impirimbanyi babaye imena barwanya ingoma ya cyami isimburwa na repubulika, abandi bahangana n’ubutegetsi bw’igitugu bwa Habyarimana n’ishyaka rye MRND. Uwo murage ugomba gukomeza, abiyemeje kurwanya ingoma ngome ya FPR-Kagame bagakomeza umurego, maze uyu mwaka dutangiye ukazaba uwo guca umusingi tuzubakiraho u Rwanda rwiza, rurangwa na Leta igendera ku mategeko kandi yubahiriza uburenganzira bw’ibanze mu ngeri zose, ari mu bya politiki n’imiyoborere y’igihugu, ari no mu rwego rw’ubukungu n’imibereho myiza. Kugira ngo iyo mpinduka igerweho bidatinze, Ishyaka RDI Rwanda Rwiza ryiteguye guhuza umugambi n’abandi banyarwanda bo mu yandi mashyaka, bumva ko hagomba gushakwa inzira zose zo kumvisha Prezida Paul Kagame kwemera yanze akunze ko demokarasi yubahirizwa mu gihgu cyacu.
3.       Gukemura ikibazo cy’ubuhunzi : mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe k’uyu mwaka turangije, Ishyaka RDI ryagejeje ku Butegetsi bwa Paul Kagame, inyandiko isesengura ikibazo cy’Impunzi z’Abanyarwanda n’uburyo cyakemurwa, rinasaba Leta y’i Kigali guhagurukira icyo kibazo kugira ngo kitazateza indi ntambara nk’iyo Inkotanyi zashoje mu mwaka w’1990. Ikigaragara ni uko FPR-Kagame ititaye kuri icyo kibazo, bityo Prezida Kagame n’Ubutegetsi bwe bakaba ari bo bazaryozwa inkurikizi mbi zose zishobora kuzabyarwa n’icyo kibazo kimeze mu by’ukuri nk’ikirunga gitutumba. Mu bimenyetso by’ubukare bw’ikibazo cy’ubuhunzi biherutse kugaragara mu minsi ya vuba, twavuga nk’itanga ry’Umwami Kigeli Ndahindurwa watabarutse tariki ya 16 Ukwakira 2016 mu gihugu cya Leta zunze Ubumwe bw’Amerika nk’impunzi yahejejwe ishyanga, rigakurura amakimbirane yatumye na n’ubu umugogogo we utarashyingurwa.
4.       Kuvugisha ukuri ku byerekeye ibyiswe amoko mu Rwanda. Nta kindi kizaca ingirwamoko kandi kikazana amahoro mu Rwanda, uretse kubaka ubumwe nyabwo bw’Abanyarwanda no kwitorera abategetsi nta gahato. Bitabaye ibyo, u Rwanda ruzokamwa n’amacakubiri azakomeza kurukururamo umwiryane mu gihe Abanyarwanda bakomeje gucibwamo ibice, bashyirwa mu byiciro bimwe na bimwe, nk’ibi bikurikira :

1.       Abatutsi ngo baremewe kuzajya mw’ijuru n’abahutu ngo Mungu agomba kubabarira,
2.       Abahunze u Rwanda n’abarutuye,
3.       Abitwa ko bahagaritse jenoside n’abacikacumu ku ruhande rumwe n’abo ku rundi ruhande, Abashigajwe inyuma n'amateka n’abitwa ko atari bo, Abashigajwe inyuma n'amajyambere (y'Intsinzi y'Inkotanyi) n’abigwijeho ibya Mirenge, Andi « moko » menshi usanga mu by’ukuri atesha agaciro Abanyarwanda.

Mu gusoza iri jambo ry’Umwaka mushya, Ishyaka RDI ryifuje gutsindagira igitekerezo cy’uko Abanyarwanda dufite uburenganzira busesuye bwo kubaho mu mahoro no muri demokarasi mu gihugu cyacu, tutagombye kubisaba cyangwa kubihakirwa mu gihe turi Abenegihugu bujuje ibya ngombwa bigenga Ubunyarwanda. Nibyumvikane kandi ko Abanyarwanda badashobora kwemera ko uburenganzira bwabo butsikamirwa cyangwa bukaguranwa amajyamabere y’igikangisho n’inyungu z’agatsiko kikubiye ibyiza byose by’igihugu. Ishyaka RDI ryongeye kurarikira Abanyarwanda bose, cyane cyane urubyiruko, gushiruka ubwoba, bagaharanira uburenganzira bwabo mu buryo bwose, maze muri uyu mwaka dutangiye w’2017, bakazarwanya bivuye inyuma, uburiganya bwa FPR-Kagame bugamije kugarura ubutegetsi bwa cyami mu Rwanda.

Twongeye kubifuriza umwaka Mushya Muhire. Mugire amahoro.


Bikorewe i Buruseli
Umuyobozi w’ishyaka RDI-Rwanda Rwiza
Faustin Twagiramungu.

Wednesday, 6 July 2016

Eid Mubarak - Twagiramungu Faustin

Unknown

Twagiramungu Faustin's Message on Eid al-Fitr 2016

























As Muslims in Rwanda and around the world meet with family, friends, and community to spot the end of Ramadan, I would like to extend my sincere wishes for a joyful holiday.


Let me take this chance to consider those Muslims around the world who are unable to enjoy a peaceful Eid with family, friends, community and loved ones.

On behalf of the RDI-Rwanda Rwiza Party. I have the desire to Send my best wishes to all those celebrating Eid al-Fitr in Rwanda and around the world; may your sacrifice and commitment delight Allah.


Twagiramungu Faustin
President of RDI-Rwanda Rwiza Party

_____
facebook.com/MyTwagiramunguFaustin

Twagiramungu Faustin







Saturday, 2 July 2016

Famine hits over 100,000 Rwandan families in Eastern province

Unknown
Reports of famine ravaging parts of Rwanda have led to blame games, with some faulting government policies in drought-prone areas while the State says climate change is responsible for poor harvests.

Close to 100,000 families mainly in the Eastern Province districts of Kanyonza, Rwamagana, Nyagatare, Bugesera, Kayonza and Kirehe as well as Nyanza and Gisagara districts in Southern Province, are facing a threat of hunger if nothing is done to avert it.

Rwandans are reportedly moving to neighbouring Uganda in search of food but pastoralists are left with no options as animals grow thinner by the day. PHOTO | CYRIL NDEGEYA

It is reported that hundreds are fleeing starvation to neighbouring Uganda in search of food after two seasons of poor harvests which left families with nothing to eat.

The most affected districts include Nyagatare, Kayonza and Ngoma where residents say harvests were largely affected by early disappearance of rain. Hectares of maize and sorghum dried up before they could be ready for harvest.

“We don’t know what to do. We have not even been able to recoup what we planted,” said Solange Uwantege, a resident of Mwili Sector, Kayonza district, pointing to the four hectares of sorghum and maize they had planted as a group.

Apart from dried up plants, thousands of livestock are facing severe shortage of water and foliage. Residents of Nyagatare say the drought started earlier than expected.

“Usually the drought intensifies in late July to early September, when rains resume but now it started in May. We are not sure if our livestock will still be alive by then,” adds Jean Marie Mugabo, a resident of Nyagatare.

The Governor of the Eastern Province Odette Uwamariya and the mayors of the affected districts admit that there is a looming hunger crisis but say that instead of fleeing to neighbouring countries, locals should contact local government officials for help.

Government failure


Civil society groups are blaming the government for failing to address the longstanding recurrence of food insecurity in parts of the country prone to drought despite the billions of francs which have been allocated to the agriculture sector.

Appearing on a local radio station, the chairperson of Transparency International Rwanda Chapter, Marie Immaculee Ingabire, blamed the hunger threat on poor planning, policy and decision making especially on the side of local government officials.

“It is an issue of poor planning and decision making by government officials. There are countries which receive far less rainfall than Rwanda but they plan well and their citizens don’t encounter hunger,” Ms Ingabire said.

Alexis Nkurunziza, an official of the Umbrella of Human Rights Organisations in Rwanda said that the government failure to fully prioritise agriculture in terms of planning and resource allocation is likely to setback the country’s gains in food security.

“A lot of progress has been made in the past five or so years, even going by what the government was allocating to the agriculture sector in areas of irrigation, extension services, but this momentum has slowed down,” Mr Nkurunziza said.

“We are at a point where more needs to be done to sustain the gains in the agriculture sector, rather than slowing down,” he said, adding that the external factors given by government to cut down expenditure in the sector are not convincing enough.
The government reduced spending on agriculture from 11 per cent of the total budget in 2015/16 fiscal year to 7.5 per cent this year.

Mr Nkurunziza says that reduced focus on the sector will have major implications including food insecurity, poverty, malnutrition and households which can’t sustain themselves.

Short-term measures


The 2015 Auditor-General’s report indicates that irrigation equipment procured by government in the district of Nyagatare at a cost of Rwf2.7 billion was put to waste.

The AG also raised the red flag on the mismanagement of resources meant for the Crop Intensification Programme and the Post-Harvest Handling and Storage Taskforce, warning that this might set back the country’s gains in food security.
The Minister of State for Agriculture, Tony Nsanganira said that the government has put in place short-term measures to avert the current shortage of food as well as long-term plans to avoid the recurrence of the same.

He, however, dismissed claims that policy and decision making are to blame for the recurrent food shortage in drought stricken parts of the country instead noting that climate change is responsible for the inconsistent rains.

“We have been aware of this situation since September last year and we have been monitoring it. The affected areas are the Eastern Province affected by drought and parts of Western and Northern provinces which were affected by floods. We are identifying families which have been affected and through the food for work approach, are providing them with food from our grain reserves,” Mr Nsanganira said.

Long-term efforts


He said the government has put in place other subsidies, forfeiting the seeds the government had given farmers and cooperatives due to poor harvest.

Mr Nsanganira said that the government is looking at long-term solutions to hunger and drought recurrence in Eastern Province with a new approach to irrigation where by farmers and cooperatives will be assisted to get irrigation kits and own them rather than the government buying them.

“We will help farmers acquire irrigation equipment with a subsidy of up to 50 per cent and link co-operatives to financial institutions. This is a more sustainable approach because farmers own these programmes,” he said.

He noted that the new approach will address the challenges identified by the Auditor-General because people will directly own the projects, rather than the government.

Mr Nsanganira said investigations are going on and some arrests have been made in regard to the mismanagement and vandalisation of the costly projects.

Coprights @ 2016, Blogger Templates Designed By Templateism | Distributed By Gooyaabi Templates